Ubukungu

Muhanga:Abafashwa n’umushinga kompasiyo barasaba kugarurirwa ihene bahawe

Ababyeyi  bafite  abana bafashwa  n’umushinga  wa ‘‘Compassion international’’, ukorera  mu  Itorero  rya  Gasharu Maranatha  Mission of Rwanda riherereye  mu Kagari ka Gasharu  mu  Murenge  wa  Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, baribaza aho amatungo magufi y’ihene bari bahawe n’uwo mushinga ngo abafashe kwikenura yarengeye, nyuma y’uko uwo mushinga uzibambuye mu kwezi kwa cumi umwaka ushize 2020, ubizeza ko zigiye  gukingirwa bakazisubizwa, none  kugeza ubu  bakaba  batarongera  kuzibona.

Abana  bafashwa  n’uwo mushinga  nyuma  y’uko bari bamaranye amezi atatu amatungo magufi y’ihene bari bahawe n’uwo mushinga wa RWA670, ubuyobozi  bwawo bwabasabye kuyagarura  ngo  ahabwe  inkingo, ariko  birangira  apakiwe  imodoka  asubizwa Rwiyemezamirimo kuva ubwo bakaba batarongera kuyasubizwa, aho bibaza icyabaye ngo bo gusubizwa ayo matungo.

Ati “ baraje baratubwira ngo tuzazane ihene bari baduhaye maze bazikingire, twarazifashe turazijyana tuzigejeje ku mushinga aho kuzikingira bahise bazipakira imodoka barazitwara, barangije baratubwira ngo bazazitugarurira, ariko kugeza ubu ntabwo ziragaruka, nta n’ubwo batubwiye impamvu twazambuwe”.

Niyirora Samuel uyobora  uwo  mushinga   wa RW670 avuga ko impamvu yatumye abo bagenerwabikorwa badasubizwa amatungo bari bahawe, ari uko amatungo yari yatanzwe hari ibyo atari yujuje, banasabye uwari yazibahaye ko abyuzuza arazitwara arazitindana, ari byo byatumye bamusaba kuzihindura, birangira azigumanye, ari byo byatumye bashaka aho bakura izindi hene, kugeza ubu bikirimo gutunganwa, ariko akaba anabizeza ko bitarenze ukwezi kwa kane uyu mwaka wa 2021 bazaba bamaze guhabwa andi matungo.

Ubuyobozi bw’uwo mushinga bukomeza buvuga kandi ko mu  isoko  rishya  ryo gushaka andi matungo abagenerwabikorwa bose uko ari 202 bazahabwa ihene, mu gihe abari hazihawe mbere bari 120 gusa.

Usibye gukemura icyo kibazo  bikaba bisaba ko ubuyobozi bw’uwo mushinga bukwiye no kwita ku bindi abo bagenerwa bikorwa banenga birimo ko  ihene bari bahawe zari nto, ugereranije n’igiciro cy’ibihumbi 30 imwe  yari yabariwe, bitewe n’uko hari  n’ababonye  intoya  ziri  hagati  y’ibihumbi  15 na 20.

Eric Habimana

 

To Top