Amakuru

Muhanga: Barahumurizwa  ko imyanya itagiraga abayobozi  ubu bari munzira zo kuboneka.

Ubuyobozi  bw’akarere  ka Muhanga  burizeza  abatuye aka karere  ko  ikibazo  cy’abakozi bake kigaragara  munzego  z’akarere  kugera  kurwego  rw’akagali, kigiye gushakirwa umuti urambye, ibintu binashimangirwa na minisitiri  w’ubutegetsi  bw’igihugu  nacyane  ko  iki  kibazo  ngo  nawe  akizi.

Amakuru ava kuri Bamwe mu bakozi  b’akarere  ka  Muhanga  ndetse  akanemezwa  n’umuyobozi  w’akakarere, agararagaza  ko  guhera kurwego  rw’akarere  kugera  ku urwego  rw’akagali usanga  hari  imyanya  idafite  abakozi.

Ni ibintu  bituma Bamwe mu batuye aka karere  bavugako, bibangamira  servise  bahabwa, bakaba  bifuzako  iki  kibazo  cyashakirwa  igisubizo  kirambye .

Bati”nibyo koko twe nk’abaturage tubihomberamo kuko ntago serivise twifuza tubona abayiduha,kuko akenshi usanga nko kubiro by’akagari hamanitse itangazo ngo yagiye munama,rero ibyiza badushakira abajya mumyanya idafite abayirimo kugirango natwe ibyo batugomba tubibone”.

Ku uruhande  rw’umuyobozi  w’akarere  ka  Muhanga  kayitare Jaqueline, aremeranya  nibivugwa  n’aba baturage, arinabyo  aheraho  abizeza  ko  iki kibazo  kubufatanye  nizindi  nzego kirigushakirwa  umuti  urambye  nkuko  babyifuza.

Aho agira ati”nibyo koko dufite icyuho mubuyobozi, ubu hakozwe ibizami kumyanya cumi numweitandatu kubuyobozi bw’imirenge,n’itanu kubuyobozi bw’amashami mukarere,turimo kugenda dukoresha ibizamini gacye gacye muburyo bwo kwirinda covid-19,dufatanyije ninzego zibifite munshingano iki kibazo kiraba cyacyemutse vuba”

Ibi  bikaba  bishimangirwa  na  minisitiri  w’ubutegetsi  bw’igihugu  Profeseri SHYAKA Anastase  uvugako  ikibazo  cy’abakozi bake kigaragara mu karere  ka  muhanga  akizi  kandi  hari  umurongo  cyahawe  wemerera  akarere  gushyiramo  abandi  bakozi  buzuza  imyanya  itabafite.

Ati”icyo cyuho kirahari twese turakibona,aho hari abakozi benshi batari bari mumyanya ariko ubu ngubu batangiye kubabona,ubungubu inzego zibishinzwe zabahaye uburenganzira bwo gukoresha ibizami”

Usibye  imyanya  igera  kuri  cumi  numwe  yo  kurwego  rw’akarere  n’urwego  rw’abanyamabanga  nshingwabikorwa b’mirenge  iherutse  gupiganirwa, mu utugali  tugize aka karere  tugera  kuri 63 twinshi  muritwo  tukaba  dufite  ikibazo  cyo  kutagira  abanyamabanga  nshingwabikorwa, kimwe  n’abakozi  bashinzwe  iterambere  ry’akagari  bazwi  ku izina rya  ba  sedo,  kuburyo biba  intandaro  y’uko  bamwe  mubaturage  bamara  amasaha  menshi  bategereje  guhabwa  servise.

Yanditswe na Eric Habimana

 

To Top