Ubukungu

Kinazi: Bijejwe umuriro w’amashanyarazi none ngo amaso yaheze mu kirere

Eric Habimana

 

 

Nyuma  y’uko  bizejwe  ko  mu kwezi  kwa 2 mu mwaka wa 2020 ko bazaba bahawe  umuriro  w’amashanyarazi, abaturage bo mu Kagari ka Gitovu, Umurenge wa Kinazi,  Akarere  ka  Huye  baravuga ko  amaso  yaheze  mu kirere,  bategereje  uyu  muriro  bitewe  ngo  nta n’ikimenyetso  cy’uko  uri  hafi   kubageraho.

 

Mukakarera Ruth  umwe mu batuye Akagari ka Gitovu mu Murenge wa Kinazi Akarere  ka Huye, we n’abagenzi be baravuga ko  ikibazo cyo kutagira umuriro w’amashanyarazi, nyamara bari baramwemerewe mu ntangiriro z’uyu mwaka, birimo kubadindiza mu iterambere.

 

Bati “twari twarabwiwe ko tugomba gupimirwa barangiza bakaza bakaduha amashanyarazi, duheruka bashinga ibiti ntabwo bagarutse, yewe twaraniterateranyije, dukusanya amafaranga yo kuwishyura ariko birangira amafaranga bayadusubije, nk’ubu umuntu akenera kwiyogoshesha ntabone aho yiyogosheshereza, ntitubona uko dushesha, yewe nk’ubu usanga tumurikisha udutadowa, icyo twabasaba ni uko mwadukorera ubuvugizi kuko turi hagati yabandi twe ntiducana,n’abana bacu, ntabwo babona uko basubira mumasomo,nukuri natwe nibatwibuke baduhe umuriro rwose kuko turababaye pe”.

 

Kuri iki kibazo Sebutege  Ange Umuyobozi w’Akarere ka Huye, akaba  avuga ko ako karere gafite umushinga wo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi, muri imwe mu mirenge yo muri aka karere, ku buryo ngo n’abo baturage nabo bari mu bazawugezwaho.

 

Aho yagize ati “ibyo gukwirakwiza amashanyarazi ni urugendo kandi ntabwo biragera hose, kandi twagiye tubivuga kenshi ko muri uyu mwaka ndetse n’uwushize dufite gahunda yo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu bice utarageramo, aho rero naho uzahagera uko ubushobozi buzajya bugenda buboneka, gahunda dufite ni uko mu mwaka wa 2024 umuturage wese azaba yagezweho ni umuriro w’amashanyarazi”.

 

Uwo muyobozi aravuga ibi, mu gihe gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi, iteganya ko Abanyarwanda  bose  bazaba  bagezweho  n’umuriro w’amashanyarazi, ni mu gihe muri kano Karere ka Huye,  abagerwaho  n’umuriro w’amashanyarazi  bangana na 72%.

To Top