Ubukungu

Huye: Abaturiye icyanya cy’inganda barasaba ko imirimo yo kubaka yihutishwa

Abaturiye  icyanya  cy’inganda cya Huye giherereye   mu  Kagari ka Sovu Umurenge wa Huye  mu Karere ka Huye, barasaba ubuyobozi ko imirimo yo kubaka inganda muri iki cyanya yakwihutishwa,  mu rwego rwo kuzamura iterambere ry’abahatuye.

Mu  cyanya cy’inganda cy’Akarere ka Huye  kiri  i Sovu kuri ubu hahinzemo ibigori, inganda  2  ni zo zirimo gukora icyakora hari izindi  2  ubu zirimo kubakwa, abaturiye iki cyanya bavuga ko babona imirimo yo kubaka inganda muri  aka  gace yadindiye,  kandi bari bakitezeho kuzaha akazi abaturage batari  bake  biganjemo urubyiruko.

Bati“aho kubakamo inganda natwe tubone akazi bahisemo guhingamo ibigori, n’izindi zirimo kubakwamo ibikorwa byo kubaka bisa nibyahagaze kandi byibuze twari tuzi ko bigiye kudufasha kubonamo akazi kubera ibyo bikorwa”.

Ange Sebutege Umuyobozi w’Akarere ka Huye avuga ko kuri ubu hari gahunda yo gukomeza gushishikariza abashoramari kuza ku gikoreramo, kuko hari n’abarimo gusaba Minisiteri y’Inganda kuza kugikoreramo icyakora ngo babanje  no  kubanza gutunganya igishushanyo mbonera cy’iki cyanya.

Inganda ebyiri urw’ibiryo by’amatungo ndetse n’urutunganya imyanda zikaba ari zo zatangiye gukorera muri iki cyanya, izi zikaba zaratangiye gukora muri  2016, nyuma y’imyaka itanu zubakwa, kuri ubu hakaba harimo kubakwa izindi nganda ebyiri zirimo uruzatunganya imizabibu n’uruzakora amafu.

Ubuyobozi  bw’ako karere bwo buvuga ko gahunda ihari ari iyo gukomeza gushishikariza abashoramari kuza kuhashyira inganda n’abasanzwe bafite inganda muri  aka  karere zikorera ahatemewe kugana iki cyanya zikajya kihakorera.

Eric Habimana

 

 

 

 

To Top