Ubuzima

Gicumbi:Kabagambe arashinjwa gukubita abagana kwa muganga

Bamwe   mu   bagana    Ikigo  Nderabuzima  cya  Bwisige  mu  Karere ka Gicumbi, barasaba  ubuyobozi   kubakiza  umuforomo  Kabagambe  Amos ukubita  akanacunaguza   abaje    gushaka    serivisi  kuri  icyo  kigo nderabuzima, ku buryo  hari   n’abatangiye  kujya  gushakira  serivisi   ahandi,   mu   rwego   rwo   kwirinda   gukubitwa.

Ni mu gihe Ubuyobozi  bw’Ikigo Nderabuzima cya Bwisige bwo butifuza  kugira byinshi  butangaza   kuri ibyo,   kuko  hagikorwa    iperereza.

Kabagambe   Amos  ushyirwa   mu  majwi   n’abagana  ikigo nderabuzima  cya  Bwisige    kubwo   kubakubita  no  kubatuka,   amaze  imyaka umunani muri  iki  Kigo   akaba   akora  muri serivisi zirimo   no  gusuzuma   abarwayi, ni uburambe    abarwayi  n’abarwaza  bavuga ko  ntacyo  bubamariye, kuko  ngo  aho guhabwa  serivisi inoze bakubitwa bakanajujubywa  n’uwo  muforomo.

Ati“ nkanjye uherukayo kurwazayo umusaza yatumye abantu ngo bamfate banjyane ankubite, baranjyana ni uko nakerereje ibiryo, yaramfashe agiye kunkubita ndamubwira ngo ntankubite, kuko kuva navuka sindakubitwa, ariko yaranshundaguye ashaka kunkubita”.

Undi nawe ati “njye nagiye kwisuzumisha ntwite hanyuma aba ari we ujya kunsuzuma, arangije arambwira ngo nimfunge umunwa kuko siwe wanteye iyo nda nikoreye, njye mbona amashuri yize bashobora kuba baribagiwe kumwigisha ikinyabupfura, hari n’abandi benshi bakubwira ko iyo uvuyeyo atagukubise uba uri umurame”.

Kabagambe  ushinjwa    n’abamugana    kubaha   serivisi    mbi arabihakana,  akabisanisha   n’uyu    mugani ugira uti “ubuze icyo atuka inka aravuga ngo dore kiriya gicebe cyayo”.

Ku ruhande rw’Uwimana Marie Vestine umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Bwisige abajijwe   iby’iki   kibazo,   atangaza  ko    ari  mu  iperereza rye  mu baturage.

Naho Dr.Uwizeyimana   Marcel  uyobora ibitaro bikuru bya Byumba   avuga   ko  icyo kibazo atari   akizi, cyakora   bagiye   kubikurikirana.

Mujawamaliya Elizabeth umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe  imibereho   myiza   y’abaturage   na  we  ngo   icyo kibazo   n’igishya   mu matwi  ye, gusa avuga  ko   bagiye   kubikurikirana,  kandi  ko  imyitwarire  nk’iyo  hari   ibihano   biyiteganyirijwe.

Bitewe na serivisi mbi bahabwa n’uwo muforomo  Kabagambe Amos, avuga ko abagana Ikigo Nderabuzima cya Bwisige bavuga ko hatagize igikorwa ngo akosore imyitwarire ye cyangwa  se ahimurwe, hari  umubare w’abajyaga kwivurizayo  bajya   ahandi ndetse   ko  hari   abahitamo kwivuza   magendu,   ku bwo    gutinya    ingaruka  baterwa   n’imikorere  nk’iyo.

Eric Habimana

 

 

 

 

 

To Top