Uburezi

Gicumbi: Isenywa ry’ibyumba byateye kutumvikana hagati y’inzego

Gatabazi JMV aravuga ko nk’ubuyobozi batareberera ikibazo cy’abana basenyewe ibyumba

Guverineri   w’Intara y’Amajyaruguru   Gatabazi  JMV  aravuga ko  nk’ubuyobozi  batareberera  ikibazo cy’abana  basenyewe ibyumba,  hagakurwamo   inzugi n’amadirishya mu rwunge rw’amashuri rwa Byumba EAR, birigutuma  biga  ari 70 mu ishuri  rimwe, ni nyuma  yo kutavuga  rumwe  hagati y’ubuyobozi na  rwiyemezamirimo ku buziranenge   bw’ibikoresho byakoreshejwe.

Ukigera   ku ishuri rya  Byumba  EAR , ushobora kugira ngo   hari ubujura   bwahabaye    kuko  usanga  hari  ibyumba   birangaye  kubwo   kutagira  inzugi   n’amadirishya .Ni  ibyumba ubusanzwe  abana  bigiragamo, gusa  kuri  ubu   abanyeshuri bimuriwe  mu bindi  byumba, ibyatumye  hagaragara ubucucike  ,dore ko  icyumba  kimwe kiri kubarizwamo  abana  70.

Ibi bivuze  ko intebe  imwe hicarwaho byibuze n’abana  3. Nubwo ari ubucucike  bugaragarira  ijisho, Muyishimire  Scolastique umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo  w’Akarere  ka Gicumbi ahakana iby’uku kutubahiriza  amabwiriza  yo kwirinda  icyorezo cya  Covid-19,  asaba intera  ya metero 1 hagati y’umuntu n’undi ,kuko  avuga  ko   ibyumba  bihagije .

Ati “ibyumba by’amashuri abana barimo kwigiramo birahagije, nta kibazo gihari nubwo hari ibyashenwe, rero nta bucucike buhari kuko amabwiriza yose turayubahiriza”.

Ni imvugo  atemerenywaho  na bamwe   mu barezi biri shuri , bavuga ko hatagize  igikorwa ngo bishakirwe umuti, imyigire  n’imyigishirize  yakomwa mu nkokora  n’iyo migirire.

Bati “ ubu se wowe icyo utabona ni ki koko, niba ishuri rimwe ririmo kwigirwamo abana mirongo irindwi ibyo ubwabyo si ikibazo, ayo abana bigiragamo yarasenwe ngo hari ibitujuje ubuziranenge,rero hakwiye kuira igikorwa kuko no kwirinda Covid_19 biragoye pe”.

Rwiyemezamirimo Murayi Jean Claude utungwa agatoki n’ubuyobozi  kukutubahiriza  ibikubiye  mu masezerano, aho ashinjwa  gukoresha ibikoresho ngo bitujuje  ubuziranenge, yemera ko yahawe isoko koko, ndetse  ngo Akarere kakomeje   kumusura   umunsi ku munsi  ari nako asabwa  gukosora  ibitanoze, Kuri ubu  ariko  Murayi  avuga  ko  isenywa  ry’ibi byumba  nawe  byamutunguye  ,nyuma  yo  kwemererwa ko  byigirwamo.

Ku ruhande rw’ubuyobozi, Abajijwe  igikurikiraho  ngo  abana badakomeza  kwiga  muri ubu buryo Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi J.M.V yavuze ko  hagiye  kurebwa  uko ibi byumba  byakongera  gukoreshwa  mu gihe cya   vuba.

Ku kijyanye    ni uko  uku gusenya  ibyumba  kurakomereza  no bindi  bigo  by’amashuri 119 byo mu Karere ka Gicumbi, Guverineri  Gatabazi  JMV avuga ko byose   bigamije kubaka  ibiramba.

Kugeza ubu, amafaranga  Rwiyemezamirimo agaragaza  ko  Akarere ka Gicumbi kagomba kumwishyura nkuko bikubiye mu masezerano bagiranye, ni miliyoni  96,328,120  y’amafaranga y’u Rwanda.

 

 

 

 

 

 

 

To Top