Umuco

Gicumbi:Ibikoresho byubakishije irimbi ry’Abanyekongo ryugarijwe n’abajura babisahura

Abaturiye   irimbi      ryahoze    rikoreshwa  n’impunzi z’Abanyekongo    bari     bacumbikiwe    mu  nkambi   ya Gihembe mu Karere   ka    Gicumbi, baratabariza  umutekano   w’ ibikoresho    byubakishijwe  imva  z’ababo, kuko  byugarijwe  n’ubujura, bagasaba ubuyobozi   gukaza  umutekano wabyo no kubaha imibiri ishyinguyemo,  bityo  n’abafashwe bagahanwa by’intangarugero.

Abatuye   mu   nkengero z’irimbi rya Karihira   riherereye mu    Mudugudu wa Karihira, ubusanzwe   ryakoreshwaga n’impunzi    zari zicumbikiwe mu inkambi ya Gihembe, Bavuga   ko    batazi  abiba    n’amasaha   bibiraho   ibikoresho byubakishije imva  zaho, kuko  bucya mu gitondo   bagasanga    ahari    hubatse hashenywe    bakabifata    nko    gushinyagurira imibiri   y’abashyinguyemo.

Bati “ urabyuka mu gitondo ugasanga imva zirarangaye, ntawamenya igihe bazicukurira n’igihe bibira, ibiba byubakishije ziriya mva, kuko usanga imisaraba, amakaro n’ibindi babikuyeho”.

Karebya Sylvestre Umuyobozi w’Isibo muri uwo Mudugudu wa Karihira yemeza  ko ari igikorwa kigayitse bagaragarije inzego zibakuriye ariko kugeza ubu,   bisa  naho   byabuze  gikurikirana.

Gahano Rubera JMV  Umuyobozi w’Umurenge wa Kageyo iryo rimbi riherereyemo,  we  avuga   ko ayo  amakuru ari  mashya  mu matwi  ye.

Kirenga Moses Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Gicumbi avuga ko yamaganiye   kure   ibikorwa  nk’ibyo,  kandi  ko bagiye gufatanya n’inzego   z’umutekano gushaka ababigizemo  uruhare  babiryozwe.

Nta gaciro k’ibimaze kwibwa kazwi, gusa abaturage bavuga ko  ibikoresho birimo amakaro, ferabeto, amafoto    n’ibindi ari byo byibasiwe cyane, bagasaba umutekano uhoraho wo gusigasira imibiri y’abaruhukiye muri iryo   rimbi.

Eric Habimana

To Top