Amakuru

Gicumbi: Abarokotse mu 1994 bavuga ko batewe agahinda no kuba batazi aho ababo bishwe baherereye

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994 mu Karere ka Gicumbi, baravuga ko bakomeje guterwa agahinda   no   kutamenya aho imibiri y’ababo iherereye  mu myaka 27 ishize ishyingurwe mu cyubahiro ikwiye, mu gihe nyamara hari abagize uruhare  mu  iyicwa ryabo bahisemo guceceka.

Iminsi ijana yo kwibuka abatutsi bishwe muri Jenoside irakomeje, ari na ko hishimirwa intambwe abarokotse bamaze gutera  mu kwiyubaka, cyakora bamwe bavuga  ko  bakiremerewe no kudashyingura imibiri y’ababo mu cyubahiro, kuko batamenya amakuru yaho bajugunywe.

Munyemana na Mugenzi we barokokeye ahahoze hitwa Mugina, ubu ni mu Murenge wa Nyamiyaga baravuga ko kutabona ababo bishwe, ngo babaherekeze mu cyubahiro bikomeje kubashegesha, bagasaba ubuyobozi gukomeza kubibafashamo.

Bati“ birababaje kandi biteye n’agahinda, kuba hashize imyaka 27, hari umuntu uri hano hanze ariko akaba adashaka gutanga amakuru yaho  abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bajugunwe, byibuze ngo tubashyingure mu cyubahiro nkuko bakigomba, ni agahinda, yego turibuka ariko turibuka ni intimba n’agahinda”.

Ndayambaje  Felix  Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, nawe avuga ko koko hari imibiri yabishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi itaraboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro ikwiye, nk’ubuyobozi hari ibirimo gukorwa ku bufatanye n’amadini n’amatorero byitezweho gutanga igisubizo.

Uretse abakurikiranyweho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 , Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, asaba n’abandi baba bafite amakuru yahajugunywe imibiri kubohoka bagatanga amakuru, kuko bituma abacitse ku icumu rya Jenoside badaheranwa n’agahinda ko kudaherekeza ababo.

Kugeza kuri ubu mu Karere ka Gicumbi harabarurwa inzibutso zishyinguwemo abazize Jenoside yakorewe Abatutsi zigera kuri 6, harimo inzibutso ebyiri ziri mu mujyi wa Byumba urwibutso rwa Mukeri na Gisuna, hakiyongeraho urwibutso rwa Mutete, Nyarurama ruri mu Murenge wa Ruvune, hakaza n’urwibutso rwa Mugina ruri mu Murenge wa Nyamiyaga.

 

Eric Habimana

 

To Top