Amakuru

Nyarugenge: Imiryango yimukiye mu nzu zigezweho

Amazu 24 kuri 56 yahawe imiryango itishoboye mu Mudugudu wa Mpazi, Umurenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, ku munsi wo kwibohora ku wa 04 Nyakanga 2022, abaturage bavuga ko bishimiye ayo mazu bahawe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru ya 28.

Bati ‘‘Turishimira ko turi mu inzu itekanye kandi ihendutse, twishimiye aya mazu duhawe ku munsi wo kwibohora ku ncuro ya 28’’.

Imiryango 27 yahawe ayo mazu mu intangiro z’uyu mwaka wa 2022, amazu yose agomba guhabwa abatishoboye ni 83. Imiryango 24 ni yo yahise ahabwa ku ikubitiro ayo mazu, naho amazu 56 atahwa ku mugaragaro, kuko yari yuzuye neza.

Emmy Ngabonziza, Umuyobozi mukuru w’Akarere ka Nyarugenge (DEA), yavuze ko miliyoni 400 y’amafaranga y’u Rwanda ari yo yubatse ibice bibiri, hari n’ibice byahariwe ibikorwa remezo nk’imihanda. Amazu amaze kuzura afite ubushobozi kwakira imiryango 56.

Bati ‘‘Twishimiye kubona aya mazu yubatswe neza, turumva twishimiye kubohoka’’.

Umwe mu bagenerwabikorwa wahawe inzu witwa Dorothée Mukankundiye yagize ati ‘‘ndishimye cyane, kuko ngiye kuba mu inzu igezweho, sinzogera guhangayika, ubu ndi ahantu heza, hizewe’’.

Paulin Ndayisenga na we yishimiye inzu yahawe ati “Turashimira guverinoma yacu, yadutekereje idufasha kubona iyi nzu igezweho ”.

Ubuyobozi hamwe n’abaturage bagize uruhare rwo gutegura no gutunganya ayo mazu, muri uyu mushinga wo kubakira abatishoboye, wakiriwe neza n’abaturage.

Marc de Santis Umuyobozi w’ubufatanye mu Karere k’Ikigo cy’Ubusuwisi gishinzwe Iterambere n’Ubutwererane, yagize ati ‘‘Ni ishema gukorana na guverinoma y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali kugira ngo tugere kuri iyi ntego’’, yagaragaje umunezero wo gushyira mu bikorwa uwo mushinga, ati “Twishimiye kubona ko bituma habaho uburinganire n’ubwuzuzanye’’. Ibi bizafasha abaturage bakeneye ubufasha, bibafashe kugabanya intege nke zabo’’.

Ati “Hakenewe izindi mbaraga mu ishoramari ryigenga no kugeza umushinga mu bandi baturanyi’’. Ni ngombwa ko n’ibindi bice bigize Umujyi wa Kigali n’indi mijyi yo mu Rwanda byafashwa n’uyu mushinga”.

Dr Merard Mpabwanamaguru Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imijyi n’ibikorwa Remezo, yavuze ko iki ari ikintu cyiza cyakozwe na guverinoma, abaturage n’abandi bafatanyabikorwa bagize uruhare muri uyu mushinga.

Uwo mushinga wo kubakira abaturage batishoboye ni umushinga wa Guverinoma y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo n’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’ikigo cy’Ubusuwisi gishinzwe iterambere n’ubufatanye.

Ikigamijwe ni gushyigikira iterambere ry’abaturanyi, ikoresheje ingamba zigira uruhare mu gutuza mu midugudu. Uyu mushinga wo kubaka aya mazu uherereye mu gace ka Mpazi.

Kuri uyu munsi wo kwibohora ku ncuro ya 28, hatashywe Umudugudu w’icyitegererezo wa Munini mu Karere ka Nyaruguru, wuzuye utwaye akayabo ka miliyari 15 z’amafaranga y’u Rwanda, harimo n’ibikorwa remezo.

Minisiteri y’Ingabo ni yo yubatse uwo mudugudu ugizwe n’inzu abaturage babamo ,urugo mbonezamikurire y’abana bato, isoko n’ikiraro rusange cyororerwamo ingurube.

Hari kandi Umudugudu w’icyitegererezo n’ishuri ryisumbuye.

Dr Edouard Ngirente Minisitiri w’Intebe waje gushyikiriza abaturage ayo mazu, yabwiye abaturage ko ibyo bikorwa by’iterambere ari  impano bagenewe na  Paul Kagame Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Basanda Ns Oswald

To Top